Ikiganiro cya 19 kuri 19 biteganyijwe

Urupapuro rwa 1/5: Ubumenyi n’ ubushobozi twakuye mu nyigisho n’ inama

Ubumenyi n’ ubushobozi twakuye mu nyigisho n’ inama

Ubumenyi n’ubushobozi bikenewe:

  • Gukora isuzuma ryimbitse ku bumenyi n’ubushobozi mwungutse mu nshingano zo kurera umwana mu muryango

 

Insanganyamatsiko y’ikiganiro:
Ubumenyi n’ ubushobozi uzunguka bizagufasha mu nshingano zawe zo kurera umwana mu muryango biraturuka mu biganiro 15 biteganyijwe byibanda ku ngingo enye:

  • Imikurire y’ umwana wakiriwe mu muryango, imibanire hagati y’ umwana n’ umuntu mukuru umwitaho.
  • Ubumenyi n’ ubushobozi ababyeyi barera umwana bakeneye mu kurera umwana wakiriwe mu muryango.
  • Imibanire hagati y’ ababyeyi bakiriye abana barera mu miryango na serivisi zikenerwa buri munsi.
  • Ubufatanye n’ abaturanyi ndetse n’ abayobozi bafata ibyemezo.

 

Ingingo y’ iki kiganiro ni ugusuzuma no kuganira ku buryo bukwiye bwo kwita ku mwana wakiriwe mu muryango:
Iyo ugereranyije uko wari umeze mu ntangiriro y’aya mahugurwa n’ ubumenyi ufite ubu:

  • Ni gute amahugurwa atwongerera ubushobozi bwo kwita ku bana barerwa mu muryango?
  • Wabashije kubaka umuryango wakiriye umwana ubasha gusabana, ubasha gutanga ubufasha bukwiye, ubasha gufasha umwana kwiyubakamo icyizere n’ umutekano akeneye?
  • Ni gute amahugurwa n’ ubufasha muha umwana mwakiriye bibafasha mwese nk’ umuryango?
  • Niba uri umubyeyi wakiriye umwana utabana n’ uwo mwashakanye, tubwire icyo byakumariye wowe ku giti cyawe, ubumenyi n’ ubushobozi wungutse

 

Intego z’ikiganiro:
Kugereranya ubumenyi n’ ubushobozi wari ufite ugitangira aya mahugurwa yibanze ku ngingo enye ndetse n’ ubumenyi n’ ubushobozi ufite ubu.

Fata iminota 15 (cyangwa igihe gihagije) kugira ngo uhuze ibyo wakozeho mu kiganiro giheruka n’iki kiganiro:

•  Ese wabashije gukora ibyo wateganyije?
•  Ni iki cyakoroheye gukora ni iki cyakugoye?
•  Ni irihe somo wakuye mu byo wateganyaga?
•  Ni iki wifuza kuzanoza neza ubutaha ni wongera kwifashisha ibi biganiro?

Zirikana: Nta kibazo niba hari ibibazo wahuye nabyo – ubu ni uburyo bushya bwo gukora, busaba imyitozo n’igerageza mbere yo guhinduka akamenyero.