Ikiganiro cya 3 kuri 15 biteganyijwe

Urupapuro rwa 1/6: Kwakira umwana mu muryango

Kwakira umwana mu muryango

Ubumenyi n’ubushobozi bikenewe:
• 
Gufasha abantu gusobanukirwa uburyo abana bitwara iyo abantu babitaho bahindutse.
  Gufasha abana gutekana mu muryango wabakiriye.

Insanganyamatsiko y’ikiganiro:
Iki kiganiro kiragufasha gusobanukirwa uburyo abana bitwara iyo bagiye kurerwa mu muryango mushya n’ahantu badasanzwe bamenyereye. Inyigisho zirakwereka uburyo ushobora gufasha umwana gutekana mu muryango wawe wamwakiriye ndetse n’ahantu atamenyereye.

 

Intego z’ikiganiro:
Intego y’ikiganiro ni ukugufasha gusobanukirwa uburyo abana bitwara iyo bagiye mu muryango mushya ndetse n’inama zifasha kumenyereza umwana mu minsi ye ya mbere mu muryango mushya.

Muri iyi videwo, umufashamyumvire wa SOS Tanzania muri gahunda ya Fairstart, Husna, asobanura uburyo kwigisha itsinda ry’ababyeyi uburyo bubereye bwo kwakira umwana mu muryango. Kwakira umwana n’uburyo bukomeza kandi bugaragaza impinduka kandi mu muryango wose. Husna arasobonaura neza uburyo kkwakira umwana mu muryango ari igikorwa kireba buri wese.

Fata iminota 15 (cyangwa igihe gihagije) kugira ngo uhuze ibyo wakozeho mu kiganiro giheruka n’iki kiganiro:

•  Ese wabashije gukora ibyo wateganyije?
•  Ni iki cyakoroheye gukora ni iki cyakugoye?
•  Ni irihe somo wakuye mu byo wateganyaga?
•  Ni iki wifuza kuzanoza neza ubutaha ni wongera kwifashisha ibi biganiro?

Zirikana: Nta kibazo niba hari ibibazo wahuye nabyo – ubu ni uburyo bushya bwo gukora, busaba imyitozo n’igerageza mbere yo guhinduka akamenyero.